Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

News of Rwanda: Rwanda | Nyamagabe: Biteguye gutanga amakuru nyayo mu gihe cy’ibarura.

News of Rwanda
provides latest updated news related to Rwanda in Kinyarwanda and English . The site has qualified journalists covering Latest rwanda news. Gahiji Innocent is our chief editor who cover rwanda politics news.
Rwanda | Nyamagabe: Biteguye gutanga amakuru nyayo mu gihe cy'ibarura.
Jul 25th 2012, 11:14

Abarimu bazakora ibarura mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko biteguye gutanga amakuru y'ukuri ubwo bazaba bari muri iki gikorwa.

Bamwe mu barimu bazakora igikorwa cy'ibarura. Rwanda | Nyamagabe: Biteguye gutanga amakuru nyayo mu gihe cy'ibarura.

Bamwe mu barimu bazakora igikorwa cy'ibarura.

Bamwe mu barimu bitabiriye amahugurwa ku bijyanye n'ibarura yatangiye kuri uyu wa 23/7/2012, batangaje ko biteguye gukorana ubushishozi mu gikorwa cy'ibarura kugira ngo bazabashe kuzuza inshingano bahawe batanga amakuru nyayo.

Nkundimana Jan Damascene, umurezi mu rwunge rw'amashuri rwa Kibyagira riri mu murenge w'Uwinkingi yatangaje ko biteguye gukora neza akazi bahawe, ati " tuzakusanya makuru ku buryo bwizewe kandi bugaragaza mu by'ukuri imibereho y'umuturage."

Abarimu basaga 800 nibo bazifashishwa mu gikorwa cy'ibarura giteganyijwe tariki ya 16/8/2012.

Mukarwego Umuhoza Immaculee, umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe ubukungu wafunguje aya mahugurwa ku mugaragaro, yasabye abarimu bayitabiriye gukurikirana neza ibyo bagiye guhugurwamo kugirango nabo bazatange imibare y'ukuri, ati "igenamigambi rishingiye ku mibare itari yo si igenamigambi. Niyo mpamvu musabwa gutanga imibare y'ukuri."

Uretse kuba iyi mibare izatangwa mu ibarura izagenderwaho mu gutegura igenamigambi, ni nayo izabasha kwerekana uko ubuzima bw'umuturage bumeze nyuma y'ibarura riheruka ryabaye muri 2002.

Ubushakashatsi bwakozwe muri 2002 bwerekanye ko abaturage bagera kuri 73% bo mu karere ka Nyamagabe bari munsi y'umurongo w'ubukene, iri barura rero ngo niryo rizagaragaza neza uko ubuzima bw'abaturage muri rusange  bwahindutse nyuma y'ibikorwa bitandukanye bigamije kugabanya ubukene byagiye bikorwa muri aka karere.

 

 

 

 

 

Posts Related to Rwanda | Nyamagabe: Biteguye gutanga amakuru nyayo mu gihe cy'ibarura.

Google+

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment