Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

News of Rwanda: Rwanda : Guhagarika inkunga kwa US bishingiye ku makuru y’ibinyoma- Mushikiwabo.

News of Rwanda
provides latest updated news related to Rwanda in Kinyarwanda and English . The site has qualified journalists covering Latest rwanda news. Gahiji Innocent is our chief editor who cover rwanda politics news.
Rwanda : Guhagarika inkunga kwa US bishingiye ku makuru y'ibinyoma- Mushikiwabo.
Jul 25th 2012, 11:26

Guhagarika inkunga kwa US Rwanda : Guhagarika inkunga kwa US bishingiye ku makuru y'ibinyoma  Mushikiwabo.Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'u Rwanda, Louise mushikiwabo aratangaza ko leta z'unze ubumwe za Amerika cyangwa ikindi gihugu giterankunga gifite uburenganzira bwo gutanga inkunga cyangwa kuyihagarika, kandi kikabikora gishingiye kuri politiki yacyo.

Ibi Minisitiri Mushikiwabo yabitangaje ubwo yagira icyo avuga ku cyemezo cyafashwe na leta z'unze ubumwe za amerika cyo guhagarika inkunga ingana n'amadorali y'amerika ibihumbi 200 cyatangaga mu gisirikari cy'u Rwanda, bishingiye ku kuba u Rwanda rushyirwa mu majwi kugira uruhare mu gushyigikira umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Joseph Kabila.

Mu itangazo rigaragara ku rubuga rwa internet rwa minisiteri y'ububanyi n'amahanga, Minisitiri Mushikiwabo yagize ati: "twubashye uburenganzira bwa buri mufatanyabikorwa mu iterambere, tugomba gusobanurira inshuti zacu za Washington n'ahandi ko iki cyemezo cyashingiwe ku makuru atariyo. Nk'uko twabisobanuye mbere, u Rwanda si rwo soko si n'umufasha mu mutekano muke mu burasirazuba bwa RDC".

Mushikiwabo yashyize ahagaragara ko mu cyumweru gitaha abayobozi b'u Rwanda bazahura n'itsinda ry'inzobere z'umuryango w'abibumbye bakigira hamwe ibyo raporo yayo yasohoye by'agateganyo ku mutekano muke uri mu burasirazuba bwa Kongo.

Yongeyeho ko bazigira hamwe ingingo ku yindi ibyo bashinja u Rwanda maze narwo rugatanga ibisobanuro.

Urubuga rwa internet rwa BBC rutangaza ko n'ubwo US yahagaritse inkunga ingana n'ibihumbi 200 by'amadolari yagenerwaga buri mwaka ishuri rikuru rya gisirikare ry'U Rwanda, zizakomeza gufasha umutwe w'ingabo z'U Rwanda zagiye kubungabunga amahoro muri Sudan nk'uko bisanzwe.

 

 

 

 

 

Posts Related to Rwanda : Guhagarika inkunga kwa US bishingiye ku makuru y'ibinyoma- Mushikiwabo.

Google+

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment