Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

News of Rwanda: Rwanda | Ngororero: Bagiriwe inama yo kujya bahiga ibyo bazageraho mu mwaka

News of Rwanda
provides latest updated news related to Rwanda in Kinyarwanda and English . The site has qualified journalists covering Latest rwanda news. Gahiji Innocent is our chief editor who cover rwanda politics news.
Rwanda | Ngororero: Bagiriwe inama yo kujya bahiga ibyo bazageraho mu mwaka
Jul 13th 2012, 10:43

Bisanzwe bimenyerewe ko buri mwaka abayobozi b'uturere basinya imihigo y'ibyo bazakorera abaturage n'igihugu, ndetse kuri ubu uturere twose two mu Rwanda tukaba turimo kugenzurwa uko twashyize mu bikorwa imihigo yatwo.

Kuri uyu wa 9 Nyakanga 2012, ubwo itsinda ry'abagenzuzi zari zigeze mu karere ka Ngororero, ryabagiriye inama yo kuzajya bashyira mu mihigo yabo ibikorwa bazi ko bishoboka gukorwa mu mwaka babihizemo.m Ngororero Bagiriwe 2 300x74 Rwanda | Ngororero: Bagiriwe inama yo kujya bahiga ibyo bazageraho mu mwaka

Ibi abagize iri tsinda barimo abakozi mu biro bya Minisitiri w'Intebe, intumwa za minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu, abafatanyabikorwa n'abakozi b'intara y'Uburengerazuba babitanze ho inama nyuma yo kugaragarizwa bimwe mu byari mu mihigo y'akarere ariko ntibigerweho kandi na mbere yo kubitegura byarabonekaga ko bitazagerwaho mu mwaka w'ingengo y'imari irangiye.

m Ngororero Bagiriwe 1 300x146 Rwanda | Ngororero: Bagiriwe inama yo kujya bahiga ibyo bazageraho mu mwakaAhagaragaye ibibazo nkibi cyane ni mu birebana n'ubuhinzi, aho umusaruro w'ibigori ndetse nuw'Ingano wahizwe bigaragara ko utaraboneka kuko hari aho imyaka ikiri mu mirima y'abaturage kandi abashinzwe ibyo bikorwa bakiha amanota 100% ko bageze ku ntego, mu gihe umusaruro utagaragara ndetse n'uburyo bwo kugereranya uwamaze kuboneka n'usigaye mu mirima bikaba bitoroshye kuko ubutaka, amafumbire n'imbuto byakoreshejwe atari bimwe ahubwo bagashingira gusa ku buso bwahinzwe.

Kuri iki kibazo ariko, ufite ubuhinzi mu nshingano ze muri aka karere Benimana Alexis akaba yaravuze ko akenshi biterwa n'itegeko riturutse muri minisiteri y'ubuhinzi bityo asaba ubuvugizi kuri iyo ngingo. Ikindi akarere kagiriwe ho inama ko kitazongera kugaragara ni ukwakira ibikorwa bya Leta byakozwe nab a rwiyemezamirimo kandi bigaragara ko hari ibitararangira hitwajwe ko ibitarakozwe ari bikeya cyangwa byoroshye kubikora.

Ibi bikaba ari bimwe mu bituma akarere kabona amanota make cyangwa bigatuma abaturage batakagirira ikizere kuko baba barabwiwe ibizabakorerwa ariko ntibiboneke bitunganye nkuko Gatera J d'Amour wari uyoboye itsinda ry'abagenzuzi yabivuze . Aha, umuyobozi w'akarere akaba yarashimye izo nama bagiriwe kandi yizeza kuzikurikiza mu mihigo itaha.

 

 

Posts Related to Rwanda | Ngororero: Bagiriwe inama yo kujya bahiga ibyo bazageraho mu mwaka

Google+

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment