Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

News of Rwanda: Rwanda | Kayonza: Imirenge ya Ndego na Murama iranengwa gutanga raporo zandikishijwe intoki

News of Rwanda
provides latest updated news related to Rwanda in Kinyarwanda and English . The site has qualified journalists covering Latest rwanda news. Gahiji Innocent is our chief editor who cover rwanda politics news.
Rwanda | Kayonza: Imirenge ya Ndego na Murama iranengwa gutanga raporo zandikishijwe intoki
Jul 13th 2012, 10:52

m Kayonza Imirenge 300x109 Rwanda | Kayonza: Imirenge ya Ndego na Murama iranengwa gutanga raporo zandikishijwe intokiUmuyobozi mukuru ushinzwe igenamigambi muri minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu, Rugamba Egide, yanenze bikomeye imirenge ya Murama na Ndego ku bw'amaraporo yoherejwe ku karere ka Kayonza yandikishijwe intoki aturutse muri iyo mirenge.

Uyu muyobozi yanenze iyo mirenge tariki 11/03/2012, ubwo akarere ka Kayonza kakorerwara isuzuma ku buryo kesheje imihigo yo mu mwaka w'ingengo y'imari wa 2011/2012. Amwe mu maraporo agaragaza uburyo amafaranga yakoreshejwe mu bikorwa byo kwesa imihigo muri iyo mirenge yagaragaye yandikishije intoki.

Rugamba yavuze ko bitumvikana uburyo raporo ziva mu mirenge zandikishijwe intoki mu gihe u Rwanda rugezemo, anavuga ko bishobora gutuma abantu batizera ibyanditse muri izo raporo. Yatanze urugero rw'akarere kamwe bakoreye isuzuma, ubuyobozi bw'akarere bugahamagara abanyamabanga nshingwabikorwa b'imirenge yose bakarara bandika raporo zitari ukuri kugira ngo babone izo batanga.

Yagize ati "Baraye bandika bubacyeraho, ariko icyari gitangaje ni uko twasanze hari raporo zanditswe n'umuntu umwe zinasinywa n'umuntu umwe kuko inyandiko n'imikono byasaga kandi zitwa ngo zaturutse ahantu hatandukanye"

Umunyamabanga nshingwabikorwa w'umurenge wa Ndego, Nsoro Alex Bright, yasobanuye ko hari ikibazo cya mudasobwa zidahagije ndetse hakaba hari n'imirenge itaragira amashanyarazi harimo n'umurenge ayoboye.

Rugamba yavuze ko nta mpamvu n'imwe yakumvikanisha uburyo ku murenge hava raporo yandikishije intoki, avuga ko byakwihanganirwa gusa ku rwego rw'akagari.

 

 

 

Posts Related to Rwanda | Kayonza: Imirenge ya Ndego na Murama iranengwa gutanga raporo zandikishijwe intoki

Google+

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment