Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

News of Rwanda: Rwanda | Gatsibo: imirenge yagaragarijwe uko yitwaye mu mihigo

News of Rwanda
provides latest updated news related to Rwanda in Kinyarwanda and English . The site has qualified journalists covering Latest rwanda news. Gahiji Innocent is our chief editor who cover rwanda politics news.
Rwanda | Gatsibo: imirenge yagaragarijwe uko yitwaye mu mihigo
Jul 13th 2012, 10:51

Ubuyobozi bw'akarere ka Gatsibo nyuma yo gukorerwa ingenzurwa ku

mihigo kasinyanye na perezida wa Rupubulika y u Rwanda, nako kashoboye

kugaragariza abayobozi b'inzego z'imirenge n'utugari uko bitwaye mu

mihigo bari basinyanye n'akarere.

 

Umuyobozi w'akarere ka Gatsibo Ruboneza Ambroise avuga ko nubwo

byagaragaye ko hari imirenge yagaragaje gushyira mubikorwa ibyo yahize

cyane indi ikagaragaza intege mu gukora ibyo basinyanye n'akarere,

inkomoko yabaye kutagira imikoranire myiza kuko aho byagaragaye niho

baje mu myanya ya nyuma naho ahagaragara ubufatanye m'ubuyobozi

n'abaturage bashoboye kugera kubyo biyemeje.

 

Umurenge wa Rwimbogo umwe mu mirenge ikora kuri pariki kandi ukaba

umurenge w'icyaro ndetse ufite n'ikibazo cy'amazi kurusha iyindi niwo

waje ku isonga mu kwesa imihigo aho abayobozi n'abaturage bashoboye

gushyira mubikorwa ibyo biyemeje, ukaba wongeye kuba uwambere ku

nshuro ya 2 mu kwesa imihigo mu mu karere.

 

Umurenge wa Kabarore umwe mu mirenge y'umujyi w'akarere waje ku mwanya

wa 2 kubera gushyira mubikorwa ibyo wahize birimo gutunganya umujyi.

Ukaba n'umurenge uza k'umwanya wa mbere mu gukira mu karere ka Gatsibo

nubwo ugifite ikibazo cyo kugira amazi meza kuko utuwe n'abantu benshi

kandi amazi agomba gukurwa mu mirenge ya kure.

 

Nkuko imirenge yakurikiranywe mu mihingo nyuma ya Kabarore hari,

Kiziguro, Gasange, Muhura, Rugarama, Murambi, Kageyo, Remera, Gatsibo,

Kiramuruzi, Ngarama, Nyagihanga hagaheruka Gitoki.

 

Mukugaragaza imihigo ya 2011-2012 habayeho kwerekana n'imihigo

izashyirwa mu bikorwa 2012-2013 aho yagiye igirwaho inama, umuyobozi

w'akarere Ruboneza Ambroise avuga ko hari ibyo imirenge igomba

gushyiramo ingufu birimo kuvugurura intoki kuburyo zitanga umusaruro,

ubworozi bw'inkoko zitanga umusaruro, ubworozi bw'ingurube hamwe

n'ubuhinzi bw'urusenda. Impamvu akaba ari ugushakira abaturage

ikibongerera ubukungu kandi kikarwanya ubukene.

 

Naho kumibereho myiza y'abaturage asaba imirenge gufasha abavuye muri

Nyakatsi

kurangira amazu, gusobanurira abaturage kurushaho kuboneza

urubyaro, gukurikirana imyigishirize y'abarezi mu mashuri kugira ngo

barusheho gutsindisha kuko Gatsibo itagaragara mubigo bitsindisha

cyane, ubuhinzi bw'ibihumyo mu kongera imirire myiza, guhuriza

urubyiruko mu makoperative rukigishwa imyuga,  hamwe no gushishikariza

abaturage gukoresha biogas cyane ko akarere ka Gatsibo gafite aborozi

benshi kandi byagabanya ikoreshwa ry'ibiti no kubungabunga

imikoreshereze y'ikirere. Ibi bikiyongeraho gukoresha ifumbire

mubuhinzi bijyana no kuyishyura.

 

 

 

Posts Related to Rwanda | Gatsibo: imirenge yagaragarijwe uko yitwaye mu mihigo

Google+

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment