
Umunyamabanga nshingwabikorwa w'inama y'igihugu y'Urubyiruko Alphonse Nkuranga
Urubyiruko rwo mu karere ka Bugesera rurasabwa kugana ikigo cyarushyiriweho kuko ari kimwe mu bigo byashinzwe n'Inama y'Igihugu y'Urubyiruko kugirango gifashe urubyiruko cyane cyane urwo mu karere ka Bugesera kwiyubaka no kugera ku iterambere nyaryo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w'Inama y'Igihugu y'Urubyiruko Alphonse Nkuranga ,avuga ko muri icyo kigo urubyiruko ruhakura inyigisho zitandukanye bitewe n'amahitamo ya buri wese kuko babasaba kwibumbira mu makoperative ubundi bakabaha ibikoresho by'ibanze bityo bikabafasha gutera imbere.

Urubyiruko rukoresha iyo nzu mu bikorwa bitandukanye
Ati "ni byiza kubona iki kigo kibasha gutanga ubufasha k'urubyiruko ku rwego rushimishije nk'uru twahasanze, twahabonye club zigera kuri 17, abiga mudasobwa,abigisha kwirinda SIDA n'ibindi , ni byiza cyane."
Aho kuri icyo kigo cy'urubyiruko abakozi bacyo bafatanyije n'abaganga n'abaforomo bategura umunsi wo gupima kubushake agakoko gatera SIDA maze urubyiruko rugahabwa inama zinyuranye bitewe nuko ruhagaze.
Ati " bifuje ko hajya hanatangwa imiti kubo basanganye agakoko ka sida ku mpamvu z'uko iyo bohereje umuntu ahandi akenshi bimutera isoni. Rero bakaba babona byaba byiza bagiye bapima urubyiruko bakanarukurikirana mu gihe basanze rwaranduye".
Kugeza ubu ikigo cy'urubyiruko cya Bugesera cyakira urubyiruko rukabakaba 300 ku munsi, muri abo hagati y'i 10 na 25 bakaba bipimisha ku munsi naho mu rubyiruko 50 rwipimisha kubushake umwe niwe uba yaranduye, nk'uko bitangazwa na Marthe Munezero, upima akanatanga ibisubizo k'urubyiruko ruba rwaje kwipimisha agakoko gatera SIDA kubushake.
Posts Related to Rwanda | Bugesera: urubyiruko rurasabwa kugana ikigo cyarwo kugirango rufashwe mu bikorwa binyuranye
Urubyiruko rwitabira gahunda z'ikigo cy'urubyiruko cya nyamasheke ruratangaza ko rwungukira byinshi mu nyigisho zijyanye n'ubuzima bwabo bwa buri munsi ruhabwa, zaba izijyanye no kwirinda icyorezo ...
Ikigo ndangamuco cy' umurenge wa Kinzuzi mu karere ka Rulindo kiratangira gukora mu minsi ya vuba, kuko imirimo y'ubwubatsi igeze ku musozo, hakaba hategerejwe ibikoresho ...
urubyiruko Inzego z'urubyiruko mu karere ka Bugesera zirasabwa gufata iya mbere mu gukangurira urubyiruko bagenzi babo kwirinda ibiyobyabwenge kuko ababikoresha babana na bo umunsi ku ...
tariki ya 21/04/2012 ku kigo cy'urubyiruko cya Nyamasheke (Nyamasheke youth friendly center) habereye ibirori byiswe "bye bye vacance" cyahuje urubyiruko rw'abanyeshuri n'urutiga ku nsanganyamatsiko igira ...
Akarere ka Muhanga ku bufatanye na Minisiteri y'Urubyiruko , PMU/Grobal Fund ROUND 7, kagiye gushinga ikigo kizaba kitwa MUHANGA Youth Friendly Centre, kizajya gifasha urubyiruko ...
Google+
0 comments:
Post a Comment