Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Ibishya Bikugereho |Amakuru yose mu kinyarwanda: LADY GAGA AGIYE KUBAKA INZU IZABA IMEZE NKAHO IREREMBA HEJURU Y’AMAZI.

Ibishya Bikugereho |Amakuru yose mu kinyarwanda
LADY GAGA AGIYE KUBAKA INZU IZABA IMEZE NKAHO IREREMBA HEJURU Y'AMAZI.
Jul 19th 2012, 16:11

Lady Gaga umwe mu bahanzikazi bazwiho kugira udushya twinshi cyane kuriy’isi aho akunze kugaragara yambaye imyambaro idasanzwe ndetse agakunda no kwambara ubusa cyane mu ruhame.

Lady Gaga

kur’ubu noneho agashya ashaka gukora n’ako kubaka inzu ku kirwa kimwe cyo mu gihugu cy’ubugiriki (Greece) ku mugabane w’uburayi aho iyo nzu ye izaba y’ubutse ku mazi uyireba akazajya abona imeze nkaho irerema hejuru y’amazi iyi nzu ikazaba izamutwara akayabo k’amapound agera kuri miliyoni 10 (10.000.000 £) iyi nzu ukazajya uyigeraho aruko uje mu bwato gusa cyangwa se indege.

Lady Gaga n'uwari umukunzi we Luc Carl

iyi nzu y’uyu muhanzikazi ikazaba ifite urusengero ndetse n’ikibuga cya tennis na piscine 2, iki kirwa cyo mu bugiriki Lady Gaga akaba agikunda cyane kuko mu mwaka wi 2010 byigeze guhwihwiswa ko yaba yari agiye kuhakorera ubukwe n’uwari umukunzi we ariwe Luc Carl bikaza kurangira bitabaye kuko baje gutandukana.

 

Post By :: Elvis SHEMA / ibishya.biz

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment