Mu gihe hirya no hino mu Rwanda inzu z'ibyasti zizwi ku izina rya nyakatsi zimaze kuba amateka kubera gahunda ya Leta yo kwita ku mibereho myiza y'abaturage babafasha gutura heza, mu Mudugudu wa Nshuri mu Kagari ka Gitengure ho mu Murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare haracyagaragara amazu ya nyakatsi.
Nakamondo ari kumwe n'abana be babiri mu kazu ke k'ibyatsi bakunda kwita burende abandi bakakita Nyakatsi, izina ryafashe inyito y'inzu mbi cyangwa ikintu kibi, avuga ko bahamaze imyaka igera ku icumi ariko bakaba batarubakiwe nk'abandi muri gahunda yo kurandura nyakatsi. Uretse umuryango wa Nakamondo, muri uwo mudugudu hanagaragara indi miryango itanu ikiri mu mazu umuntu yagereranya na nyakatsi kuko yubakishije ibiti bagiye bashinga bagashyiraho amashitingi.
Ubuyobozi bw'Umudugudu wa Gitengure na bwo bwemeza ko abo baturage batuye mu mazu ataberanye n'imiturire y'Umunyarwanda w'iki gihe ariko bakavuga ko kuba batarubakiwe muri gahunda zitandukanye zo kubakira abatishoboye ngo byatewe no kuba baragiye bagira amahirwe make kuko ngo byakorwaga binyuze muri tombora noneho umuntu akubakirwa biturutse kuri nimero yatomboye.
Mu gihe Ubuyobozi bw'Umudugudu wa Gitengure buvuga ko iki kibazo bwakigejeje ku murenge busaba ubufasha mu kugikemura, Ubuyobozi bw'Umurenge wa Tabagwe bwo buvuga ko nyakatsi zacitse muri uwo Murenge ngo naho zikigaragara zikaba ari iz'abapagasi.
Mu nama ya munani y'umushyikirano yabaye ku wa 21 Ukuboza 2010 bateganyaga ko gahunda ya "Bye Bye Nyakatsi" yagombaga kurangirana n'ukwezi kwa Kamena 2011 ikaba yari yahawe ingengo y'imari ingana na miliyari 6,5 z'amafaranga y'u Rwanda. Muri iyo nama imiryango igera ku bihumbi 10 na 697 harimo 1,890 yo mu Ntara y'Uburasirazuba ni yo yagombaga gufashwa kuva muri nyakatsi. Nyuma Leta ikaba yari yiyongereye igihe biyemeza kuba barangije gahunda yo guca nyakatsi bitarenze tariki 30 Ukuboza 2011 nyamara ariko biragaragara ko hari ahakiboneka nyakatsi n'ubwo inzego z'ubuyobozi zivuga ko hari ubushake bwo gufasha abazirimo kuzivamo.
Posts Related to Rwanda | Nyagatare: Mu Murenge wa Tabagwe haracyagaragara inzu za nyakatsi
Abimuwe muri nyakatsi bo mu karere ka Rulindo barasabwa gutera ibiti ndetse no kubaka uturima tw'igikoni ku mazu yabo mashya, mu rwego rwo kuzamura urugero ...
Mu kagari ka Gasarabwayi mu mudugudu wa Nyakariba ya II ho mu murenge wa Musaza barwanyije nyakatsi ku buriri butanga matera 36 ku baturage batagiraga ...
Mu kagari ka Gasarabwayi mu mudugudu wa Nyakariba ya II ho mu murenge wa Musaza barwanyije nyakatsi ku buriri butanga matera 36 ku baturage batagiraga ...
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa gishubi mu karere ka Gisagara bahoze batuye muri nyakatsi baratangaza ko kuva muri nyakatsi bakajya gutura mu midugudu ...
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Save akarere ka Gisagara, baratangaza ko babayeho nabi kubera kutagira aho baba nyuma yo gukurwa muri nyakatsi. Umunyamabanga ...

0 comments:
Post a Comment