Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Umuseke: Craig David umubiri we wahindutse ku buryo butangaje

Umuseke
Amakuru yose mu Kinyarwanda!
Craig David umubiri we wahindutse ku buryo butangaje
May 28th 2012, 14:35

Umuririmbyi wamenyekanye cyane mu myaka ishize, Craig David yongeye kugaragaza uburyo umubiri we yawugenje kubera imyitozo ikarishye awukoresha.

Craig David mu myitozo i Miami/photo Splash news

Craig David mu myitozo i Miami/photo Splash news

Craig Ashley David yagaragaye ku mucanga muri Leta ya Florida mu mujyi wa Miami akora imyitozo ikarishye.

Uyu mwongereza wavukiye ahitwa Southampton ubu akomeje gukora bene iyo myitozo kugirango umubiri we ugume umere uko awifuza.

Craig David wakunzwe cyane muri Africa kubera indirimbo ze nka “Fill Me In", “Walking Away”, “Rise & Fall”, na “7 Days” atandukanye cyane n'uwo benshi bari kubona muri iyi minsi.

Craig David kuva yatangira bene iyi myitozo yo guhindura umubiri we, ntabwo muzika ye yongeye kuzamuka cyane, indirimbo ye iheruka guca ibintu ni "Hot Stuff" (Let’s Dance) yo mu Ukuboza 2007.

Kugirango umubiri we uhinduke, Craig David yashatse umuntu uzajya umutoza Grant DeBacher umukoresha imyitozo buri munsi.

Kuva mu 2011 yagiye agaragara mu bikorwa bitandukanye nko kurwanya ubuhumyi muri Africa, mukwa cumi 2011 yaririmbye mu gitaramo kuri Millenium Stadium cyo kwibuka nyakwigendera Michael Jackson.

Muri uyu mwaka mu kwezi kutaramenyekana, biteganyijweko azasohora album nshya.

Craig David mu myitozo/photo Splash news

Craig David mu myitozo/photo Splash news

uwo hejuru atandukanye n'uyu benshi bamenye muri "7Days" n'izindi

uwo hejuru atandukanye n'uyu benshi bamenye muri "7Days" n'izindi

Plaisir MUZOGEYE
UMUSEKE.COM

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment