Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Ubuzimabwacu | Rwanda Health | Rwanda hygiene| Rwanda Health Care |Rwanda Medical Insuarance: Rwanda | Ngoma: Barakangurirwa gukoresha pubelle za plastic zitandukanya imyanda ibora n’ itabora

Ubuzimabwacu | Rwanda Health | Rwanda hygiene| Rwanda Health Care |Rwanda Medical Insuarance
Ubuzimabwacu | Rwanda Health | Rwanda hygiene| Rwanda Health Care |Rwanda Medical Insuarance
Rwanda | Ngoma: Barakangurirwa gukoresha pubelle za plastic zitandukanya imyanda ibora n' itabora
May 30th 2012, 05:47

Mu gihe byari bimaze kuba umuco wo kudata imyanda aho ubonye hose ndetse n'aho kuyijugunya hagakwirakwizwa hose yaba ku mihanda ndetse no mu mazu cyangwa imbere yayo noneho ngo iyi myanda ikeneye kuvangurwa.

 

Rwanda | Ngoma  BarakangurirwaMu rwego rwo kurushaho  kubyaza umusaruro imyanda hakorwamo amakara ndetse n'ibibiriti, hagendewe kandi ku itegeko rigenga ibidukikije rivuga ko imyanda ibora n'itabora bigomba  gutandukana, akarere ka ngoma  kasabye ko bitarenze  mu itangira ry'icyumweru cyo kwita ku bidukikije buri mucuruzi, ibigo bya leta n'ibyigenga, amarestaurants n'ahandi hakenera pubelle hagomba kuba hashyizwe pubelle zigendanye n'igihe za plastic zitandukanya imyanda ibora n'itabora.

 

Nk'uko umuyobozi w'akarere ka Ngoma w'agateganyo Mupenzi George yavuze, ngo bitarenze icyumweru cyo kwita ku bidukikije hazaba hakozwe igenzura mu mugi wa Kibungo ndetse no mu karere muri rusange ahantu cyangwa ibigo ko bifite uburyo bwo gutandukanya imyanda ibora n' itabora.

 

Imyanda itabora ubundi wasangaga ivangwa n'itabora  bigashyirwa mu ma pubelle agiye ari ku mihanda ndetse n'imbere y'amazu akorerwamo ubucuruzi ndetse no mu ngo zimwe na zimwe.

 

Bamwe mu baturage batuye  akarere ka Ngoma bavuga ko batari bazi ko imyanda ibora n'itabora bigomba gutandukana ko bo bumvaga icyangombwa ari ukutanyanyagiza imyanda.

 

Gashirabake twasanze mu mugi wa Kibungo yagize ati: "Njyewe rwose nabonaga iyi gahunda ari nziza cyane yo kutanyanyagiza umwanda ndetse iri no mu byatumye umugi wacu ubu usa neza gusa ikijyanye no gutandukanya iyi myanda ntacyo mbisobanukiweho nibabitwereka tuzabikora kuko ari twebwe bifitiye akamaro nk'abanyagihugu."

 

Nk'uko bigaragara yaba ku mihanda ndetse n'imbere y'amazu akunda guhuriramo abantu usanga haba hari pubelle abantu bajugunyamo imyanda.

 

Mu myanda itabora ivugwa ko igomba gutandukanwa n'ibora harimo amasashe, uducupa tuvamoamzi na zaJuice, amacupa yandi n'ibindi. Kugeza ubu ahantu hesnhi usanga haba hari pubelle imwe yahurizwagamo iyi myanda yose.

 

Umujyi wa Kibungo ukaba ufite umushinga ugiye kurangira wo gutunganya imyanda ibora  ikabyazwamo umusaruro.Imyanda itaboraiya plastic hari inganda ziyitunganya ikongera igakorwamo utundi ducupa ccyangwa ibindi bikoresho.

 

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment