Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

News of Rwanda: Imiyoborere myiza ntiyagerwaho abaturage bakennye-Rubagumya

News of Rwanda
News of Rwanda
Imiyoborere myiza ntiyagerwaho abaturage bakennye-Rubagumya
May 2nd 2012, 07:11

flagg 300x182 Imiyoborere myiza ntiyagerwaho abaturage bakennye Rubagumya

Kuri uyu wa 26/04/2012 ikigo cy'imiyoborere mu Rwanda (Rwanda Governance Board) cyagiranye ikiganiro n'abantu batandukanye bakorera mu karere ka Kirehe barimo n'abakozi b'akarere mu rwego rwo kurebera hamwe uburyo bazamura uruhare rw'umuturage mu bikorwa bimukorerwa mu rwego rwo kwiteza imbere.

Gahunda y'iki kigo ngo ni ugufasha abayobozi batandukanye kugaragariza abo bayobora ibibakorerwa,n'uko serivise zitangwa. Antoine Rubagumya ni umuyobozi w'ikogo cy'imiyoborere mu Rwanda(RGB) avuga ko imiyoborere myiza itagerwaho abaturage bakennye,aho akomeza avuga ko ari byiza gushishikariza abaturage kugira uruhare mu bikorwa bibakorerwa,iki kigo muri gahunda kiba gifite ni ugutanga amahugurwa ku bayobozi bahereye mu nzego z'ibanze mu rwego rwo kugaragariza abaturage ibikorwa bibakorerwa aho bavuga ko iyo abaturage bishyize hamwe nta kibananira.

Nkuko iki kigo kibitangza ngo ubushakashatsti bwakorewe mu turere ku miyoborere n'itangwa rya serivise basanze serivise y'ubutaka ariyo ifite ibibazo byinshi bidakemuka, Rwagasana Erneste Perezida wa njyanama y'akarere ka Kirehe yavuze ko bagiye kureba uko buri wese yakwikosora ku ruhande rwe mu gutanga serivise.

Ubu bushakashatsi bukaba bwarakorewe mu turere 5 aho iki kigo cy'imiyoborere mu Rwanda gisanga ari byiza kugeza ubushakashatsi buba bwakozwe kubo bugenewe.

  

Posts Related to Imiyoborere myiza ntiyagerwaho abaturage bakennye-Rubagumya

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment