Mu gikorwa cy'umuganda usoza ukwezi kwa Mata 2012, ku busanzwe cyari cyahariwe gufasha abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, mu Karere ka Nyagatare kikaba cyabereye mu Murenge wa Karangazi, umuryango w'abanyeshuri barokotse Jenoside AERG worojwe inka zigera kuri 43 banahabwa mudasobwa imwe.
Chief superintendent Alexandre Muhirwa, Umuyobozi wa Polisi y'igihugu mu ntara y'Uburasirazuba atanga inka z'inzungu enye mu izina rya Polisi y'u Rwanda yavuze ko babikoze mu rwego rwo gushumbusha abanyamuryango ba AERG dore ko ababahekuye bahereye ku matungo bari boroye cyane cyane inka. Yagize ati "Ubundi kera umunyamugisha yapimwaga n'ikinyago, kuko iyo byabaga, abandi baramushumbushaga akongera agatunga."
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu n'Imibereho myiza y'Abaturage, Musoni James, na we wari witabiriye uyu muganda yavuze ko kuba Abanyarwanda bagabirana bigaragaza ko bafite icyerekezo cyiza. Bityo akaba nta shiti ko gahunda ya Gira inka yatangijwe na Perezida wa Repubulika imaze kuba umuco mu Banyarwanda.
Naho Gatari Egide, Umuhuzabikorwa w'umuryango w'abanyeshuli barokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994 ku rwego rw'igihugu (AERG), yatangaje ko anejejwe cyane n'inka bagabiwe anizeza abazitanze ko zizagirira akamaro abanyamuryango. Yagize ati "Ubu bworozi buzashyigikira ibikorwa by'umuryango bya buri munsi."
Twabibutsa ko AERG yari yarahawe ubutaka bungana na hegitari 130 mu gihe cya gahunda yo gusaranganya ubutaka mu cyiswe "komisiyo Ibingira" yo muri 2009. AERG yororeragamo ihene zisaga 130 ndetse n'inka cumi n'imwe none kuri uyu wa 28 Mata 2012 baka bahawe inka 43 ndetse Intara y'Uburasirazuba na yo ibaha mudasobwa imwe yo kubafasha kugenzura umutungo uturuka muri urwo rwuri.
Posts Related to Rwanda | Nyagatare: Mu muganda usoza ukwezi AERG yorojwe inka 43
Imiryango icyenda y'abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994 bo mu karere ka Burera tariki ya 12/04/2012 bagabiwe inka ...
Ikigega cya Leta gishinzwe gutera inkunga abarokotse genocide batishoboye FARG, gikomeje kugabira inka abarokotse batuye mu karere ka Ngororero mu rwego rwo kubafasha kwikura mu ...
Umwe muborojwe muri gahunda ya girinka Imiryango itishoboye yo muri imwe mu mirenge 9 igize akarere ka Gicumbi mu ntara y'amajyaruguru yahawe inka mu rwego ...
Tariki 28/4/2012 mu murenge wa Kigina mu karere ka Kirehe bakoze umuganda wa nyuma w'ukwezi bubakira umusaza wacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi utishoboye. ...
Umushinga utegamiye kuri leta ugamije iterambere ry'icyaro DUHAMIC ADRI kuwa gatatu (29/02/2012) washyikirije inka 150 abaturage batishoboye bo mu mirenge itandukanye igize akarere ka Karongi. ...

0 comments:
Post a Comment