
Imyigaragambyo irakomeje muri Libya. Ku mugoroba wo kuya 22/2/2011 Perezida Muammar Gaddafi wa Libya yavugiye kuri Televiziyo ya Leta ko abigaragambya ari "inyenzi" n' "imbeba" kandi ko abamukunda bagomba kubohoza igihugu inzu ku yindi bibaye ngombwa. Yavuze ko abakinisha Libia bazahanishwa urupfu. Kadafi kandi yavuze ko atazahunga igihugu ahubwo azarwana kugeza abaye umumaritiri wa revolisiyo yatangije mu 1969. Yavuze ko abigaragambya ari abasinzi n'abanywarumogi baharabika izina rya Libia mu mahanga.
Muri Loni haraye harangiye inama yigaga ku kibazo cya Libia inama ikaba yamaganye ubutegetsi kuko bukoresha ingufu no kwica abaturage mu kugerageza guhagarika imyigaragambyo. Akanama gashinzwe umutekano ku isi kavuze ko abibasira abaturage bazabibarizwa imbere y'amategeko.
Hagati aho abadiplomate ba Libia bakomeye nka ambasaderi i Washington, Malaysia, India, Ubwongereza n'ahandi bakomeje kwitandukanya n'ubutegetsi.
Bamwe mu basirikare bakomeye na bo bitandukanije n'ubutegetsi harimo na Generali Abdel Fattah Younes al-Abidi wari minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu wahamagariye igisirikare kwifatanya n'abaturage kurwanya Leta
Amakuru aravuga ko ubu Kadafi asigaranye n'intagondwa ze ngo zifuza gukora uko zishoboye kose ngo zigume ku butegetsi nubwo byaba ngombwa kwica abanyalibiya benshi bashoboka.
Akarere kose k'iburasirazuba kazengurutse umujyi wa Benghazi kari mu maboko y'abigarambya.
Abanyamahanga na bo bakomeje guhunga igihugu.
Twakwibutsa ko imyigaragambyo isaba ko ubutegetsi bwa Col Kadafi buvaho yatangiye kuri 15/2/2011, ikurikiye iyabereye mu Misiri na Tuniziya. Imyigaragambyo imaze guhitana abantu barenga 300 nk'uko bitangazwa na Human Rights Watch
Muammar Gaddafi amaze imyaka 42 ku butegetsi.
Urukundo
Baza Shangazi
Shakisha ku Urwego.com
Imyigaragambyo Irakomeje muri Libia
Subscribe to:
Post Comments (Atom)
0 comments:
Post a Comment