Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

UDUKINGIRIZO DUPFUMUTSE MURI AFURIKA YEPFO



Mu minsi ishize, Minisiteri y'ubuzima y'Afurika yepfo yategetse ko udukingirizo tugera kuri miliyoni 22 tuvanwa ku isoko kuko ngo tutari twujuje ibyangombwa by'umutekano w'abadukoresha. Utwo dukingirizo ngo twaba twarageze ku isoko nyuma y'uko umukozi ushinzwe ibyo kureba niba ibintu bishyirwa ku isoko byujuje ibyangombwa (South African Bureau of Standards) , Sphiwe Fikizolo, ngo yaba yarariye ruswa maze akareka utwo dukingirizo tugatambuka. Abantu benshi baradukoresheje birumvikana nk'uko basanzwe babigenza kuko ngo nubwo twakuwe ku isoko, hari umubare munini abategetsi batabashije kubona! Ibintu nk'ibyo mu gihugu cya kabiri ku isi mu banduye Sida ni agahomamunwa kandi nta n'uwamenya inshuro ibyo bintu byabayeho. Abantu benshi bagize ubwoba bwo kwandura sida muri icyo gihugu aho umubare w'abarwaye Sida uteye ubwoba.

Afurika y'Epfo ni Economie ya mbere muri Afurika. Nyuma y'iyo scandale, abategetsi muri Mozambique na Zimbabwe bahumurije abakunzi b'agakingirizo ko nta Kibazo ko utwo dukingirizo tuzafatwa ntitugere mu baturage. Mbese ikibazo cy'umutekano n'ubukomere bw'udukingirizo ni muri Afurika y'Epfo gusa? Mbese ntihaba hari abantu bifuza gukina n'ubuzima bw'abandi bantu?Ibyo bibazo nta muti tubifitiye. Icyangombwa ni ukureba neza.

Ugura he agakingirizo? Ni izihe ngamba ufata ngo ugenzure udukingirizo ukoresha?


Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment