NSHOBORA GUPIMISHA IJISHO NKAMENYA NIBA KANAKA ARWAYE SIDA.
Ntibibaho. Hari igihe umuntu aba yaranduye Sida ariko itarigaragaza inyuma ku mubiri ngo igaragare nk'indwara. Ashobora kuba agaragaza umubiri mwiza ariko ashobora kukwanduza. Ntushobora kandi kwizera umuntu ngo nta Sida cyangwa izindi ndwara z'ibitsina arwaye. Biragoye kumenya amateka yo guhuza igitsina y'umuntu. Akenshi mu rwego rw'igitsina ikizere kiraza amasinde. Uburyo bwiza kandi bufite umutekano ni ugukoresha agakingirizo uguze ahantu wizeye nko kwa muganga cyangwa muri Pharmacy kandi gafite garanti. Ubundi ni ukubanza kujya kwipimisha mukareba niba mwese muri bazima mbere yo guhuza ibitsina. Niba wumva ibyo byose bigoye ibyiza ugushora bikajya iyo bigiye kuko n'ubundi hapfa uwavutse, uzaba uhisemo kwiyahura. Ariko umenye ko amagara aseseka ntayorwe kandi ko nyamwanga kumva atanze no kubona.
Urukundo
Baza Shangazi
Shakisha ku Urwego.com
NSHOBORA GUPIMISHA IJISHO NKAMENYA NIBA KANAKA ARWAYE SIDA
Subscribe to:
Post Comments (Atom)
0 comments:
Post a Comment