![]() |
| Mu ijambo risoza umwaka Perezida Petero Nkurunziza yikomye u Rwanda |
Mu rwego rw' umutekano niho yavuze ko hari ibitaragenze neza akomoza ku gitero avuga ko u Rwanda rwagizemo uruhare.
Yagize ati “Mu rwego rw' umutekano, uyu mwaka waranzwe n' umutekano ushimishije mu gihugu cyose, ariko nta byera ngo de, hari umutwe witwaje intwaro wishe abantu 26 abandi 7 barakomereka mu Ruhagarika , Komine Ruganda mu Ntara ya Cibitoke. Bamwe muri abo bagizi ba nabi ubu bari mu butabera.”
Perezida Nkurunziza yavuze ko abo bagizi ba nabi bavuga ko baturutse mu Rwanda. Ati “Abakoze iryo bara biyemereye ko bateguriwe mu Rwanda ko ababatumye bari mu Rwanda, kandi baje bava mu Rwanda”
Perezida Nkurunziza atangaje ibi mu gihe mu mpera z' icyumweru gishize mu kiganiro yagiranye n' abanyamakuru yari yagaragaje ko ashishikajwe no kuba u Rwanda n' u Burundi byabana neza.
Yagize ati “Amateka yerekana ko batahoze bashaka kubana neza n' u Burundi kandi nta wuhitamo umuturanyi, umuturanyi ni uw' Imana yaduhaye. Twe turifuza kubana neza tukagirirana akamaro. Ibyabaye byose bikwiye guhanagurwa hakaba intangiriro nshyashya mu bitekerezo n' imigambi yabo. Imigenderanire myiza kandi irambye hagati y' u Burundi n' u Rwanda byaba ari inyungu nyinshi ku bana bacu, ku buzukuru n' abuzukuruza”
Si ubwa mbere Perezida Nkurunziza ashinje u Rwanda guhungabanya umutekano w' igihugu kuko no mu ibaruwa yandikiye Perezida wa Museveni wa Uganda asaba inama yo kwiga ku bibazo biri hagati y' u Rwanda n' u Burundi nabwo yari yashinje u Rwanda guhungabanya umutekano w' u Burundi.
from Murakaza neza ! http://bit.ly/2AotbWH

0 comments:
Post a Comment