Abahinzi b'urutoki bo mu Murenge wa mukura mu karere ka Huye ho mu Ntara y'Amajyepfo, baratangaza ko indwara ya Kirabiranya ikomeje kwibasira intoki mu duce dutandukanye tw' igihugu, itatanzwe mu ntoki zabo.

Dore amakoma y’insina yafashwe na “Kirabiranya”
Imyaka igera kuri irindwi irashize indwara ya kirabiranya yibasira urutoki, igaragaye mu Rwanda.

Dore imbere mu ibere ry’igitoki cy’insina yafashwe n’indwara ya “kirabiranya”
Bimwe mu bimenyetso biranga iyi ndwara, harimo nko kuba amakoma y' insina zafashwe ahinduka umuhondo, akaraba kandi ugasanga asa n'ayahiye nyuma akaza kuma.
Mu mutumba w'insina yafashwe na kirabiranya, mu nguri, mu mwanana ndetse no mu mabere y'igitoki, hazamo amazi y'umuhondo.
Igitoki cyeze ku nsina yafashwe n'iyi ndwara kinekera hejuru kitarakomera kandi umwanana wumye. Iyo amabere y'igitoki uyaciyemo kabiri usanga asa n'arimo imizi.
Ibitoki byamaze kwandura iyi ndwara bita agaciro kabyo kuko bidashobora kuribwa.
Bamwe mu bahinzi bafite intoki zahuye n'iyi ndwara y'insina bayivumira ku gahera. Bavuga ko iyi ndwara ibateje ubukene kuko ntawugitara ibitoki ngo yengemo umutobe cyangwa urwagwa bajyaga bashora bakabasha kwikenura.
Nubwo kugeza ubu nta muti w'iyi ndwara ikwirakwira vuba uraboneka, Ndayitegeye Olivier, umushakashatsi mu Kigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuhinzi (RAB), by'umwihariko akaba ashinzwe igihingwa cy'urutoki mu ntara y' amajyepfo, avuga ko hari uburyo abahinzi b'urutoki bashobora kwirinda iyi ndwara.
Icya mbere ngo ni ugusukura ibikoresho bikoreshwa ahantu hakekwa iyi ndwara birimo nk'umuhoro, ibyuma n'ibindi kuko ngo iyo bikoreshejwe ku nsina irwaye bikongera bikanakoreshwa ku nsina nzima, ako kanya ngo ihita ifatwa. Ibi kandi ngo bizajyana no kwirinda gutiririkanya ibi bikoresho.
Ikindi, ngo ni uko insina yagaragayeho iyi ndwara, ikigundu cyayo cyose kigomba kurimburwa ubundi kigahita gitabwa.
Mu Rwanda, kirabiranya yagaragaye bwa mbere mu karere ka Rubavu ho mu Ntara y'Iburengerazuba mu mwaka w' i 2005.
Abahanga mu by'ubuhinzi bavuga ko iyi ndwara iterwa n'agakoko gato ko mu bwoko bwa Bacterie.
Kuri ubu, Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuhinzi gifatanyije n'abaturage, kiri muri gahunda yo kurwanya indwara ya kirabiranya mu ntoki, gihereye mu Ntara y'Amajyepfo iri kugaragaramo cyane iyi ndwara ya Kirabiranya.
Kuri ubu muri iyi Ntara, iyi ndwara igaragara mu turere twa Nyaruguru, Gisagara Huye ndetse na Ruhango.
Gusa ngo hari aho iyi ndwara igaragara kurusha ahandi harimo n'Umurenge wa Mukura uherereye mu karere ka Huye.
NDAGIJIMANA Callixte
UMUSEKE.COM
0 comments:
Post a Comment