Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Umuseke: Anyamakuru 25 bakoreraga Custom Media, birukanwe nta bisobanuro bahawe

Umuseke
Amakuru yose mu Kinyarwanda!
Anyamakuru 25 bakoreraga Custom Media, birukanwe nta bisobanuro bahawe
Aug 14th 2012, 12:58

Igitangazamakuru CUSTOM MEDIA gifite ikinyamakuru kitwa IJWI kikaba kimaze amazi atageze kuri 3 gitangiye gukorera mu Rwanda, kuri uyu mbere tariki ya 14 Kanama ni bwo cyafashe icyemezo cyo kwirukana abanyamakuru 25 bari bagihagarariye mu turere dutandukanye tw'igihugu biturutse ku bushobozi buke nk'uko bivugwa n'ubuyobozi bw'Ijwi.

Custom Media niyo isohora ibinyamakuru “Ijwi” bisohoka buri cyumweru muri buri Ntara

Ku itariki ya 25 Gicurasi muri uyu mwaka wa 2012 ni bwo igitangazamakuru Custom Media cyasinyanye amasezerano y'umwaka (ni ukuvuga igihe cy'amezi 12) n'abanyamakuru cyari cyahaye akazi.

Nyuma y'igihe kitageze kumezi atatu iki gitangazamakuru gitangiye gukorera mu Rwanda, gihise kirukana abanyamakuru 25 mu bo cyatangiranye nabo. Nk'uko bitangazwa na bamwe mu banyamakuru birukanywe ngo batunguwe n'ibaruwa ibasezerera bandikiwe n'ubuyobozi bw'iki gitangazamakuru ku itariki ya 9 Kanama, hari ku munsi wa kane w'icyumweru gishize.

Aba banyamakuru birukanywe bavugako ibyababayeho binyuranye n'ibiri mu masezerano bari bagiranye naba nyiri igitangazamakuru Custom Media bityo ngo bagiye kwiyambaza inzego z'ubutabera zibarenganure.

Ubuyobozi bw'igitangazamakuru Customer Media bwo buvuga ko butishe amategeko ngo kuko muri kontaro bari bagiranye n'abanyamakuru birukanwe birimo ko bari mu gihe cy'igerageza cy'amazi 6.

Impumvu y'uko birukanye bariya bakozi ngo ni ubushobozi buke bagaragaje mu kuzuza inshingano bari bahawe nk'uko bivugwa n'umwe mu bayobozi b'ikinyamakuru Ijwi, Rubagumya Donald.

Uyu muyobozi aganira n'Umusekee.com yagize ati "Ikinyamakuru cyacu ni icy'abaturage, njye nazengurutse uturere twose mvugana n'abayobozi bambwira ko batazi ikinyamakuru cyacu. Byanyeretse ko abanyamakuru nta bumenyi bari bazi ku bijyanye na community based media, ni yo mpamvu twabirukanye".

Rubagumwa avuga ko mu banyamakuru birukanwe ngo bashobora kuzongera kugira abo baha akazi nyuma yo kubahugura, ariko ngo ubu bagiye gushaka abazi icyo gukora.

Ibi bivugwa ariko abanyamakuru twavuganye barabihakana bakavuga ko kuba inyandiko zabo zarasohokaga mu kinyamakuru ari uko zabaga zamaze gusuzumwa n'ushinzwe kugenzura inkuru z'abanyamakuru (Chief Editor), kandi ngo byongeye ni we watangaga amabwiriza y'akazi buri gito (Editorial Meeting).

Ku bijyanye n'uko abakozi birukanywe biteguye kugana iy'ubutabera, Rubagumya ati "Twiteguye kuburana tukareba icyo amategeko avuga".

Itegeko rigenga umurimo mu Rwanda ryemejwe ku itariki ya 27 Gicurasi mu 2009, nyuma yo gukorerwa ubugenzuzi n'Inteko Nshingamategeko y'u Rwanda rivuga mu Ngingo za ryo iya 27 n'iya 28 zivuga ko;

Ingingo ya 27:"Iiyo bibaye ngombwa gusesa amasezerano y'akazi hatanzwe integuza, igihe cy'integuza kigomba kungana na: 1. iminsi cumi n'itanu (15) iyo umukozi yakoze igihe kiri munsi y'umwaka; 2. ukwezi kumwe iyo umukozi yakoze mu gihe cy'umwaka cyangwa kirenze. Mu gihe cy'integuza yatanzwe n'umukoresha, umukozi wifuza gushaka akandi kazi yemerewe gusiba akazi rimwe mu cyumweru k'umunsi yumvikanyeho n'umukoresha we. Nta nteguza ishobora kubaho mu gihe cy'amasezerano y'akazi y'igeragezwa".

Ingingo ya 28: "Amasezerano y'akazi y'igihe kizwi ahita arangira iyo icyo gihe cyateganyijwe kirangiye. Kwirukanwa bidashingiye ku mpamvu ziteganywa n'amategeko cyangwa kwegura mbere y'uko amasezerano y'akazi y'igihe kizwi arangira bituma uruhande rusheshe amasezerano rutanga indishyi zingana n'umushahara w'igihe cy'amasezerano cyari gisigaye, hatirengagijwe izindi ndishyi zakwishyurwa. Amasezerano y'akazi y'igihe kizwi cyangwa ku murimo uzwi neza ashobora kurangizwa mbere y'igihe cyateganyijwe iyo habayeho ikosa rikomeye cyangwa kumvikana hagati y'impande zombi. Mu gihe iseswa ry'amasezerano ritewe n'ikosa rikomeye, uyasheshe amenyesha undi mu gihe cy'amasaha mirongo ine n'umunani (48)".

Umushinga w'itegeko rigenga itangazamakuru mu Rwanda wo 2008 uvugako abatangiza igitangazamakuru bagomba kwemererwa ari uko bagaragarije inzego zibishinzwe ko bafite ubushobozi. Ingingo ya 24 mu gace ka 13 ku bijyanye n'ibisabwa utangiza igitangazamakuru mu Rwanda bagira bati "…utangiza igitangazamakuru agomba kwerekana imari shingiro igenwan'Iteka rya Minisitiri ufite itangazamakuru mu nshingano ze, amaze kubijyaho inama n'Inama Nkuru y'Itangazamakuru".

Si mu itangazamakuru gusa kuko  byakunze kugaragara ko hari abantu bashinga ibikorwa ariko ntibahembe abakozi bakoresha nk'uko baba barabisinyanye mu masezerano. Ndetse mu gihe cyo kubirukana bakirukanwa ayo masezerano adahawe agaciro.

HATANGIMANA Ange Eric
UMUSEKE.COM

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment