Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Bahoneza | Rwanda Social Welfare | Rwanda Nutrition | Rwanda social development: Rwanda : Abimukira bo mu Ntara y’Iburasirazuba basigaye bahita Dubayi kuko hahendutse

Bahoneza | Rwanda Social Welfare | Rwanda Nutrition | Rwanda social development
Bahoneza | Rwanda Social Welfare | Rwanda Nutrition | Rwanda social development
Rwanda : Abimukira bo mu Ntara y'Iburasirazuba basigaye bahita Dubayi kuko hahendutse
Aug 16th 2012, 10:16

Abimukira bo mu Ntara y'Iburasirazuba basigaye bahita Dubayi kuko hahendutse 300x168 Rwanda : Abimukira bo mu Ntara y'Iburasirazuba basigaye bahita Dubayi kuko hahendutse

Abaturage batari bake mu Rwanda ngo bagambiriye kwimukira mu Ntara y'Iburasirazuba kuko bamaze kumenya ko ubutaka muri iyo Ntara buhendutse, ndetse bamwe ngo basigaye bahita ko ari i Dubayi bakwiye kujya gushakira amakiriro.

Koko rero ngo muri iyo Ntara haracyaboneka ubutaka bwo guhinga ku kiguzi kiri hasi cyane y'uko ubutaka bugurwa ahandi mu gihugu. Ibi kandi ngo bigaragazwa n'imibare iri hejuru y'abimukira muri iyo Ntara kuko abayobozi b'Intara y'Iburasirazuba bavuga ko abaturage basaga 33.1% bose muri iyo Ntara ari abimukira baturutse ahandi mu gihugu, cyane cyane mu Ntara y'Amajyaruguru.

Aba bimukira ngo nibo bakurura bene wabo iyo basigaye bakababwira ko bimukiye mu Burasirazuba bahabona ubutaka buhendutse kandi bwera. Bamwe ndetse ngo bababwira ko bageze i Dubai. Umujyi wa Dubai usanzwe ari ihuriro rikomeye ry'ubukungu kuko uberamo ubucuruzi bukomeye.

Abazi abimukira muri iyo Ntara baravuga ko abenshi muri bo babaye abakungu kuko bahinga cyane kandi ubutaka bukaba bucyera neza, bityo ngo aho bageze bakaba bahashinga imizi bifuza no kuhagira amaboko bahazana abo baziranye.

Hari abavuga ko impamvu ubutaka bwo mu Burasirazuba buhendutse ari uko iyo Ntara isanzwe idatuwe cyane, kandi abenshi bayituye bakaba ari aborozi bafite inzuri nini bashobora kugurishaho uko bakeneye agafaranga kandi bakagira ubutaka basigarana.

Aba bimukira cyakora baratungwa agatoki kuba bari mu badindije gahunda yo guca Nyakatsi kuko bagenda bagondagonda inyubako zidakomeye, ndetse ngo hamwe na hamwe banagaragara mu bahungabanya umutekano dore ko baba batazwi na benshi, aho bashatse kwiyoberanya bikaborohera.

   

 

 

Posts Related to Rwanda : Abimukira bo mu Ntara y'Iburasirazuba basigaye bahita Dubayi kuko hahendutse

share save 171 16 Rwanda : Abimukira bo mu Ntara y'Iburasirazuba basigaye bahita Dubayi kuko hahendutse

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment