President John Atta Mills yitabye Imana kuri uyu wa kabiri nimugoroba mu bitaro bya gisirikare i Accra nkuko byemezwa n'itangazo ry'Ibiro by'umukuru w'igihugu cya Ghana.

President john Atta Mills witabye Imana kuri uyu wa kabiri
John Atta yitabye Imana nyuma y'amasaha macye ajyanywe kwa muganga, nta bisobanuro birambuye byatanzwe ku rupfu rw'uyu mugabo wari ufite imyaka 68 y'amavuko.
Atta Mills yari ayoboye Ghana kuva mu mwaka wa 2009, akaba yari afite indwara ya Cancer mu muhogo. Kuwa mbere nimugoroba akaba aribwo ngo yatangiye kumva uburibwe.
Uyu mugabo yari aherutse muri USA kwisuzumisha iyi ndwara ye nkuko AFP ibitangaza.
Atta yiteguraga guhatanira mandat ya kabiri yo kuyobora Ghana mu matora yari ateganyijwe mu Ukuboza uyu mwaka.
John Evans Fifii Atta Mills yari Vice President wa ku gihe cya Jerry Rawlings hagati ya 1997 na 2001. Yitabye Imana nyuma y’iminsi ibiri gusa yitabye Imana.
Mu buzima busanzwe bw'uyu mugabo yakundaga cyane siporo yo koga ndetse na Hockey, akaba yarigeze no gukina mu ikipe y'igihugu ya Ghana ya Hockey. Asize umugore n'umwana umwe.
Jean Paul Gashumba
UMUSEKE.COM
0 comments:
Post a Comment