
Kubaka ibiro by'abakuru b'imidugudu bizatuma abaturage bahabwa serivisi zinoze kurusha uko byari bisanzwe nk'uko bitangazwa na bamwe mu batuye mu karere ka Kayonza. Mu murenge wa Rukara wo muri ako karere, abaturage bamaze iminsi bahurira bubaka ibiro by'abakuru b'imidugudu mu bikorwa by'umuganda.
Justine Nalongo wo mu mudugudu wa Nyirarukara, mu kagari ka Rukara, umurenge wa Rukara, yadutangarije ko kuba bageze ku rwego rwo kwiyubakira ibiro by'umudugudu ari iterambare ribasatira, avuga ko bizatuma abaturage barushaho kubona serivisi nziza kurusha uko byari bisanzwe.
Yagize ati "Umukuru w'umudugudu ntitwagiraga aho tumusanga hazwi, ariko nitwuzuza ibi biro turi kubaka, tuzaba tuzi aho tumushakira. Hari igihe washakaga icyangombwa cy'umudugudu bigatwara nk'icyumweru, ujya gushaka mudugudu iwe ugasanga arahavuye wajya aho bakurangiye agiye ukamubura, ariko ubu bigiye koroha kuko tuzajya tumusanga ahantu hazwi"
Ubwumvikane ku minsi yo gutangiraho serivisi
Bamwe mu bakuru b'imidugudu twaganiriye bavuga ko bizabagora gukomeza gufata inshingano zo kuyobora umudugudu. Bavuga ko bakeka ko bazasabwa guhora bicaye mu biro nta kindi kintu bakora kandi ubusanzwe ngo nta mushahara bagenerwa.
Umuyobozi w'akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage, Mutesi Anitha, yadutangarije ko abakuru b'imidugudu batazasabwa guhora bicaye mu biro bategereje abaturage, avuga hazabaho ubwumvikane hagati y'abaturage n'umukuru w'umudugudu wa bo, bakumvikana ku munsi serivisi zajya zitangirwaho mu mudugudu.
Ati "Umukuru w'umudugudu n'abaturage bazicara mu nama bahitemo amasaha cyangwa umunsi runaka bajya bahura bahabwe serivisi bakeneye, umukuru w'umudugudu ntitwamufata umwanya we wose"
Aho bubatse ibiro by'umukuru w'umudugudu hanubakwa ishuri ry'incuke. Mutesi anavuga ko gahunda yo kubaka ibiro by'abakuru b'imidugudu izakomeza mu mirenge yose igize akarere ka Kayonza, ubu ikaba yaratangiye mu mirenge ya Murundi na Rukara
Posts Related to Rwanda | Kayonza: Kubaka ibiro by'abakuru b'imidugudu bizanoza serivisi abaturage bahabwa
Abaturage bo mu midugudu yo mu kagari ka Kiruri, umurenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza, bamaze kwuzuza ibiro by'imidugudu yabo izajya ikoreramo. Aba ...
Bamwe mu baje gushaka ibyangombwa ku biro bishinzwe abinjira n'abasohoka "Mu muco wa Kinyarwanda ukoze neza arashimwa n'ukoze nabi akagawa". Ibi ni bimwe ...
Imirimo yo kubaka ibiro by'utugali mu mirenge inyuranye igize akarere ka Nyanza irakataje, kugira ngo barebe ko mbere y'uko ukwezi kwa Kamena 2012 kugera aka ...
Kuba serivisi zose zirebana n'imicungire y'ubutaka mu karere ka Nyamasheke zarahurijwe hamwe muri one stop center, ngo bizagira uruhare mu kwihutisha serivisi zihabwa abaturage bagana ...
Ubuyobozi bw'akarere ka Kayonza burasaba abaturage b'ako karere muri rusange n'abafatanyabikorwa bako by'umwihariko kugira uruhare rugaragara batanga umusanzu mu gikorwa cyo kubaka inyubako zo gukoreramo ...
Google+
0 comments:
Post a Comment