Umuhanzi Nduwimana Jean Paul,uzwi ku izina rya Noopja aherutse gushyira ku mugaragaro amashushusho y'indirimbo ye "Ni Abagabo" yari amaze igihe itegerejwe n'abantu benshi.
Mu mashusho y'iyi ndirimbo Nduwimana akaba yaragaragajemo intwari zitandukanye z'Afurika n'ukuntu zagiye zitanga zigaragaza ubutwari bwazo ziharanira ko Afurika ibona ubwigenge.
Umuhanzi Nduwimana ati "duharanire kuba intwari kuko ubutwari butagarukira ku muntu ku giti cye gusa nk'uko bigenda bigaragara mu mateka" Nduwimana akaba yaraboneyeho gusaba Abanyarwanda guharanira ikintu cyose cyatuma bagaragaza ubutwari kuko ari cyo kizatuma babasha kwiyubakira igihugu nk'uko intwari zo ha mbere zabikoraga.
Amashusho y'indirimbo "Ni Abagabo akaba yaratunganyijwe na Al bert the Benjamins", mu minsi mike Nduwimana akazaba yashyize ku mugaragaro zimwe mu ndirimbo ze nshya arimo gutunganya zizajya zizaba ziri kuri Albumu ya 2 yise "Amarira n'Amaraso".
Kanda Hano Urebe Amashusho Y’Indirimbo Ya Nd.J.Paul Yitwa Ni Abagabo
Posted By Stony Paparazzi/Ibishya.biz
0 comments:
Post a Comment