Tariki ya 18 Nyakanga 1918, tariki ya 18 Nyakanga 2012, imyaka 94 irashize Nelson Mandela avutse. Uyu munsi kandi ni uruhurirane rw'aho Isi yose yibukaho Nelson Mandela uyu munsi washyizweho na UNESCO tariki ya 10 ugushyinga 2009. Ariko ukaba wizihizwa tariki ya 18 Nyakanga buri mwaka.
Uyu munsi washyizweho hagamijwe kwibuka ubutwari bw'uyu mukambwe Nelsno Mandela muri gahunda ye yo kurwanya ivanguraruhu (Apartheid) ryakorwaga n'abategetsi b'abazungu muri Afurika y'Epfo akaba anibukwa nka Perezida wa mbere w'umwirabura wayoboye iki gihugu.

Hano Bill Clinton Ari Kumwe Na Nyakubahwa Nelson Mandela
Tariki ya 18 Nyakanga yashyizweho kuko ari nayo tariki uyu Mandela yavutseho ubwo uyu munsi wizihizwaga mu mwaka wa 2010 akaba yari yujuje imyaka 92 yari amaze avutse, kuri ubu akaba yujuje imyaka 94 avutse.
Nelson Rolihlahla Mandela yavukiye i Transkei muri Afurika y'Epfo tariki ya 18 Nyakanga 1918. Mandela yize ibijyanye n'amategeko muri Kaminuza ya Witwatersrand aho yarangije 1942.
Mu w'1944 yifatanyije n'ishyaka ANC barwanya ishyaka ryari ku butegetsi ryakoraga ivanguraruhu muri iki gihugu, dore ko muri iki gihe cyari kiyobowe n'Abakoloni b'abazungu.
Mandela yafashwe mu 1962 akatirwa igifungo cy'imyaka itanu. Mu 1963 abandi bafana be nabo barafashwe barafungwa maze basanga Mandela muri gereza. Mu 1964 mandela n'abo bari kumwe bakatiwe gufungwa ubuzima bwabo bwose, mu 1964-968 bimuriwe muri Gereza ya Robben Island Prison.

Bill Clinton Yanateye Igiti Cyurwibutso.
Mandela yafunguwe muri 1990 tariki 11 Gashyantare amaze imyaka 27 muri gereza, imyaka myinshi akaba yarayimaze muri Gereza ya ya Robben Island Prison.
Imyaka yose yamaze mu gihome umuhati we n'ubushake byo kurwanya ivangura rishingiye ku ibara ry'uruhu ntibyigeze bishira. Yaje kwemerwa nk'umuyobozi wa mbere W'umwirabura Muri Afurika y'Epfo kandi yaje kuba nk'ikimenyetso cyo kurwanya ivanguraruhu muri Afrika y'Epfo.
Mandela yahawe ibihembo bigera kuri 250 icya mbere akaba ari icyo yahawe ari kumwe n'umunyapolitiki Frederik Willem de Klerk mu 1993, cyo kuba bararwanyije ubutegetsi bw'ivanguraruhu muri Afurika y'Epfo
Mu 1994 Nelson Mandela yatorewe kuba Perezida wa mbere w'umwirabura wayoboye igihugu cy'Afurika y'Epfo.
Mu 1996 Mandelayatandukanye n'umugore we Winnie naho muri 1998 atandukana na Machel.
Muri 1997 yasezeye ku mwanya yari ho asimbuwe na Tabo Mbeki ku mwanya wa Prezida w'Afurika y'Epfo.
Muri 2003 yanenze Leta Zunze Ubumwe z'Amerika gushoza intambara muri Iran, kuko yabashinjaga ubwicanyi bw'indangakamere ku Isi.
Muri 2004 Nelson Mandela yasezeye ubuzima bwa Politiki dore ko yari anashaje kuko kuri ubu afite imyaka 94.
Kuri ubu Mandela afatwa nk'intwari y'Afurika kuko yagize uruhare rukomeye mu guca politiki y'irondaruhu muri Afurika y'Epfo kandi Isi yose ikaba imwibuka nk'umuntu w'intwari wagize akamaro ku Isi yose muri rusange.
Posted By Stony Paparazzi / Photo :: GPL
0 comments:
Post a Comment