Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

News of Rwanda: Minisitiri Nsengimana arasaba urubyiruko gukoresha abakozi ba minisiteri ayoboye

News of Rwanda
News of Rwanda
Minisitiri Nsengimana arasaba urubyiruko gukoresha abakozi ba minisiteri ayoboye
May 2nd 2012, 07:20


Minisitiri w'urubyiruko, isakazabumenyi n'ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, arasaba urubyiruko gukoresha abakozi ba minisiteri ayoboye kugira ngo ibyemezo bifatwa bibe bishingiye ku bitekerezo by'urubyiruko.

Rwanda Minisitiri Nsengimana arasaba urubyiruko1 300x225 Minisitiri Nsengimana arasaba urubyiruko gukoresha abakozi ba minisiteri ayoboye

Minisitiri Nsengimana yabibwiye urubyiruko rwo mu mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yo mu karere ka Kayonza mu kiganiro bagiranye tariki 28/04/2012. Yavuze ko minisiteri ayoboye yifuza ko urubyiruko rwajya rutanga ibitekerezo ku mishinga rwumva yaruteza imbere, kugira ngo bigenderweho mu gukora igenamigambi ndetse no mu gufata ibindi byemezo bitandukanye muri iyo minisiteri.

Bamwe mu rubyiruko ngo ntibarafungura amaso ngo bamenye icyabagirira akamaro nk'uko minisitiri Nsengimana abivuga, kuko ngo "hari bamwe bazinduka bicaye hafi y'utubari wababaza icyo bahakora akakubwira ko babuze akazi kandi ibyo gukora bihari"

Cyakora bamwe mu rubyiruko bavuga ko babura ubahwitura no kubagira inama kuko ngo bumva ngo bafite ababahagararira gusa ariko batajya babegera.

Benshi mu rubyiruko rwaganiriye na minisitiri Nsengimana bavuga ko ari abanyonzi (abatwara abagenzi n'ibintu ku magare), bakavuga ko batabona uwo baha ibitekerezo bya bo kuko bumva ngo bagira ababahagarariye ariko bakaba batajya bababona.

Banavuze ko bifuza gukorerwa ubuvugizi kugira ngo nibura haboneke ibigo by'imari bishobora kwakira urubyiruko bikaruha inguzanyo kuko ngo benshi n'amagare bakoresha atari ayabo bwite.

Umwe muri bo yagize ati "Hari igihe nkorera nk'igihumbi ku munsi, bikaba ngombwa ko nyir'igare muha 500 nanjye ngasigarana 500. Urumva muri magana atanu ntibiba byoroshye kubaho uba munzu y'ubukode wenda unafite n'umugore n'umwana"

Bavuga ko baramutse babonye amagare ya bo bwite bashobora kugira icyo bageraho kuko bajya babasha kwizigamira.

Minisitiri Nsengimana yabasabye kwibumbira mu makoperative bagashaka uburyo bakwiteza imbere nibura bagahera ku tuntu duto duto kuko dushobora ku bageza ku mishinga y'igihe kirekire, kandi bakagisha minisiteri inama kugira ngo bahabwe ubufasha igihe bishoboka.


Posts Related to Minisitiri Nsengimana arasaba urubyiruko gukoresha abakozi ba minisiteri ayoboye

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment