Ejo hashize kuri 2/3/2009 Joao Bernardo Vieira, Perezida wa Guinee Bisau mu burengerazuba bwa Afurika yitabye Imana yishwe na bamwe mu basirikare b'icyo gihugu. Urupfu rwe rwatangajwe amasaha make hamaze kwicwa umukuru w'Ingabo General Baptista Tagme Ma Waie wahitanywe n'ibisasu byaturikiye muri Quartier General. Perezida Bernardo Vieira na General Tagme Na Waie bakaba bari bahanganye mu butegetsi bikaba bivugwa ko urupfu rwa Perezida rwaje ari ukwihorera kw'abari bashyigikiye General Tagme na Waie batekereza ko yazize abari ku ruhande rwa Perezida.
Igisirikare cya Guinee Bissau cyatangaje ko atari Coup d'Etat cyakoze kandi ko kikiri munsi y'amategeko ya gisivili. Ubu igihugu cyiyobowe by'agateganyo na Bwana Edmundo Pereira wari umukuru w'inteko nshingamategeko ugomba kukigeza ku matora mu minsi 60.
Ubutegetsi mu mutekano muri Afurika buracyafite inzira ndende
Urukundo
Baza Shangazi
Shakisha ku Urwego.com
Perezida wa Guinee Bissau Yaragandaguwe
Subscribe to:
Post Comments (Atom)
0 comments:
Post a Comment