Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

IMIGANI XIIII




Akanwa kariye ntiwumve kavuza induru ntiwumve.
Agahinda k' inkoko kamenywa n' inkike yatoyemo.
Ababiri bajya inama baruta umunani urasana.
Abagabo bararya imbwa zikishyura.
Abagira amenyo baraseka.
Abagira inyonjo bagira ibirori.
Isuka ibagara ubucuti ni akarenge.
Isuli isambira byinshi igasohoza bike.
Ivu rihoze niryo ryotsa inzu.
Inkovu icitse irushya abavuzi.
Inyamibwa y' imboro ni ishyutwe.
Akatari amagara karahahwa.
Amagara araseseka ntayorwa.
Aho umutindi yanitse ntiriva.
Aho umwaga utari uruhu rw' urukwavu rwisasira batanu.
Aho ujishe igisabo ntuhatera ibuye.
Akababaje ababiri karabateranya.
Akababaje umutima kazindura amaguru.
Akabaye icwende ntikoga.
Akabuno karusha isuka guca inshuro.
Akabuno ntigasa n' akakabyara gasa nako birarana.
Akagabo gahimba akandi kataraza.
Akaje karemerwa.
Akanyoni katagurutse ntikamenya iyo bweze.
Aho imbwa ikubitiwe irahagaruka.
Akaryoshye ntikariwe mu rw' undi.
Inkunguzi y' inkware ishoka agaca kayireba.
Icyizere cyiraza amasinde.
Inshuti ziba nyinshi, iyo mwambaranye ubusa iraguma.
Insina ngufi ntawe ntawe utayicaho ikoma.
Intamenya y' umugabo irira ku muziro.
Intasi y' impyisi yabira maka.
Intege nke zitera imico myiza.
Intenge itari iyawe uratoboroza.
Inyamaswa idakenga yicwa n' umututizi.
Iyimiye mu gisigati ibarirwa bose.
Inyongera mbi ni imisuha.


Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment